- Amashuri y’inshuke : 28
- Amashuri abanza: 26
- Amashuri y’imyuga yigisha igihe gito (VTCs): 6
- Amashuri y’uburezi bw’imyaka icyenda: 12 (9 YBE)
- Amashuri y’uburezi bw’imyaka cumi n’ibiri : 3
- Amashuri yisumbuye y’ikitegererezo : 2
- Amashuri yisumbuye yigishaTekinike : 2, tukaba kandi tugiye gufungura Kaminuza yigisha ibya Tekenike ku i Hanika. Muri ayo mashuri yose dufitemo abanyeshuri : 28, 346 n’abarimu : 723.
Insanganyamatsiko y’icyumweru cy’uburezi mu mwaka wa 2016 igira iti: “Nuko nuko mugaragu mwiza , wakiranutse muri bike,nzakwegurira byinshi Matayu 25:23”
Muri iki cyumweru buri wese mu bafatanyabikorwa b’uburezi hari ibyo yasabwe:
Abanyeshuri:
- Gukunda kwiga bumva ko aribo mbere na mbere bifitiye akamaro.
- Gukunda no kugirira ikizere ababyeyi ,abarezi, igihugu n’Itorero.
- Gukunda , kubaha no gukurikiza inyigisho z’Ijambo ry’Imana.
- Gutekereza aho baganisha ubuzima bwobo no kubiharanira.
Abarezi
- Gukunda abana, kubitaho no kubaba hafi igihe cyose kandi bakabaha inyigisho zikwiye nk’uko zateganijwe.
- Kumva ko umurimo wo kurera ari inshingano, ariko ko ari n’umuhamagaro kuburyo uwukora asabwa no kuwitangira.
- Kuba inyangamugayo n’icyitegererezo hashingiwe kumuco nyarwanda n’Ijambo ry’Imana.
Ababyeyi
- Kwita ku burere bw’abana babo; babaha ibyangombwa by’ishuri bikwiye, bakurikirana imyigire n’imyitwarire yabo ku ishuri kandi bakabafasha gusubiramo amasomo igihe bagarutse mu rugo.
- Gutoza abana gusenga no kubabera intangarugero mu myitwarire.
Abayobozi
- Kwimakaza imiyoborere myiza hagamijwe kurushaho kongera ireme ry’uburezi ,kugeza uburezi kuri bose, gukumira guta ishuri kw’abana (drop out) kandi hagashyirwamo ibikorwa remezo biboneye.
- Kurushaho guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’amatorero kugira ngo inyigisho z’iyobokamana zirusheho gutezwa imbere mu burezi.
Twateguye amarushanwa kugirango abanyeshuri barusheho kugaragaza impano zabo, amashuri abanza barushanijwe mu muvugo , ikiciro rusange TC na za VTCs barushanijwe mu ndirimbo, ikiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye barushanijwe mu nkuru ishushanije.
Hari ibyo kwishinira
Nkuko Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda ihora idukangurira umuco wo kwigira , Diyoseze ya Shyogwe yashyizeho ikigega Twirerere Abana Education Fund ubu imaze gukora byinshi, harimo gusana ibyumba 5 by’Ishuri rya GS Shaki ryari ryarasenywe n’Umuyaga. Inzu ibamo umuyobozi w’ishuri ribanza rya Gishari yari yarasenywe n’ikiza cy’imvura . Hubatswe ibyumba by’amashuri bishya bigera ku icumi muri uyu mwaka wa 2016 andi arasanwa; hubatswe n’ubwiherero busaga 24.
Abanyeshuri biga mu bigo byacu bakomeje kwitwara neza mu ruhando rw’abandi yaba mu mikino, (aho ikipe ya Hanika TSS yahagarariye u Rwanda muri Kenya mu marushanwa uhuza amashuri yisumbuye muri EAC), imitsindire na Disipuline ni byiza mu ruhando rw’andi mashuri.