Papa Francis kandi yashimiye Musenyeri Habiyambere wari umaze imyaka 19 ayoboye Dioseze ya Nyundo mu bwitange yakoranye umurimo yari ashinzwe yemeza ko yawutunganije uko byasabwaga.
Yavuze ko ajya kumutora atahubutse, kandi ko yizeye ko azarebera ku rugero rwiza rwa Musenyeri Habiyambere.
Musenyeri Alexis Habiyambere ucyuye igihe yavuze ko ashimira Leta, Abapadiri n’abakirisitu ba Diyosezi ya Nyundo uburyo bakoranye neza.